RWANDA: APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Rayon Sport FC.
Ikipe ya APR yongeye gutwara igikombecy’Amahoro itsinze umukeba w’ibihe byose, Ikipe ya Rayon Sport kuri penariti 4:2.
Ni mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro wari utegerejwe n’abanyarwanda ndetse n’abandi bose ku isi bakunda cyangwa bakaba bafana aya makipe yombi. Ikipe ya APR yageze ku mukino wa nyuma isezereye Etincelles F.C, mu gihe Rayon Sport yari yasezereye Gorrila F.C.
Amakipe yombi akigera mu kibuga yatangiye asa nkaho yiganaga ariko ikipe ya APR ikaba ari yo yakomezaga kwiharira umupira, mu gihe Rayon Sport yacungiraga ku mipira itakajwe n’abakinnyi ba APR.
Mbere yuko igice cya mbere kirangira, Rayon Sport yabonye penariti ku makosa yakozwe n’umuzamu wa APR Hakizimana Adolphe ayakorera Asman Ndikumana. Ndikumana yahise atera neza iyo penariti, maze igice cya mbere kirangira Rayon Sport iyoboye umukino.
Mu gice cya kabiri Rayon Sport yari imbere yagerageje guhagarara ku gitego yari yatsinze ariko na APR igakomeza kuyotsa igitutu. Gusatira cyane kwa APR byatumye igombora igitego yari yatsinzwe, ibifashijwemo na rutahizamu wayo William Mel Togui.
Iminota isanzwe y’umukino yarangiye amakipe yombi aguye miswi igitegi 1:1 maze hitabazwa za penariti.
Ikipe ya Rayon Sport niyo yabanzaga gutera, hanyuma APR igakurikira. Ikipe ya APR yaje kwegukana igikombe cy’Amahoro, nyuma yuko abakinnyi bayo bose binjije penariti, hanyuma umuzamu wa Rayon Sport Kwizera Olivier na rutahizamu wayo Asman Ndikumana bo bakazihusha.
Kuva igikombe cy'Amahoro cyatangira gukinwa, APR FC imaze gukina umukino wa nyuma wa 19. Mu nshuro 18 imaze kugera ku mukino wa nyuma, yatsinzemo 14 yegukana ibikombe.
Ni mu gihe Rayon Sports yo ari inshuro 11 igiye gukina umukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro. Inshuro 10 yatsinzemo 5 yegukana ibikombe.
Mu myaka 15 iheruka, umukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro umaze kugaragaraho ibitego byinshi ni uwo APR FC yatsinzemo Police FC ibitego 4-2 muri 2011.
Guhera muri 2005 kandi hamaze kwitabazwa penariti inshuro imwe. Aho ni muri 2018 ubwo Rayon Sports na Mukura VS zanganyaga 0-0 bikarangira Mukura VS yegukanye igikombe kuri penariti 3-1.
Usibye APR FC na Rayon Sports zifite ibikombe byinshi by'igikombe cy'Amahoro, zikurikirwa na AS Kigali ifite 3 na Police FC ifite 2.
Theoneste MANIRAKIZA
Kinyarwanda
English



