Ikipe ya Paris Saint-Germain FC yegukanye UEFA Champions Legue.

Ikipe ya Paris Saint-Germain yegukanye irushanwa rya UEFA Champions Legue, rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’Uburayi itsinze Arsenal FC penariti 4:3.

Jun 1, 2026 - 19:39
 0
Ikipe ya Paris Saint-Germain FC yegukanye UEFA Champions Legue.
Ikipe ya Paris Saint-Germain yegukanye irushanwa rya UEFA Champions Legue

Iyi kipe yegukanye Igikombe cya UEFA Champions Legue nyuma yo gutsinda Arsenal yo mu Bwongereza penariti 4:3. Ubwo umukino watangiraga, Ikipe ya Arsenal niyo yari iri hejuru isatira cyane, biza kuyihira mu gice cya mbere kirangira iyoboye umukino n’igitego kimwe cyari cyatsinzwe na rutahizamu wabo Kai Havertz.

Imaze kugitsinda yahise itangira gukinira inyuma, ibyo bigatuma ya Paris Saint-Germain yo ikomeza kuyotsa igitutu kugira ngo irebe ko yakwishyura.

Mu gice cya kabiri n’ubundi Arsenal yaje intego ari ukugarira bakareba ko barinda igitego batsinze mu gice cya mbere, ari nako ikipe ya ya Paris Saint-Germain ikomeza gushyiramo imbaraga ku buryo bufatika.

Ikipe ya Arsenal nyuma yo kuryama mu izamu igihe kinini, bigeze mu gice cya kabiri hagati, yaje gushaka uko yakongera kwataka kugira ngo ishake igitego cyatuma yizera itsinzi. Igifungura umukino ngo bahanahane nk’ibisanzwe, baje gukora amakosa batakaza umupira ufatwa na Khvicha Kvaratskhelia ahita asa n’uwusubiza inyuma, ahurira na wo mu rubuga rw’amahina bamukoreraho penariti, yinjijwe na Ousamane Dembélé maze ubwo amakipe yombi ahita anganya 1:1 umukino usubira bubisi.

Umukino warangiye gutyo ndetse n’iminota 30’ yongereweho nayo ntiyagira icyo itanga. Rumaze kubura gicya hifashishijwe penariti kugira ngo igikombe kibone nyiracyo, maze ikipe ya ya Paris Saint-Germain yegukana igikombe itsinze Arsenal penariti 4:3.

Ku ikipe ya ya Paris Saint-Germain yageze ku mukino wa nyuma ikuyemo Bayern Münich, igikombe itwaye ni icya kabiri mu mateka yayo, ikaba igitwaye yikurikiranya kuko n’icy’umwaka ushize ari yo yagitwaye. Mu mateka ikaba yarakinnye imikino itatu ya nyuma, itsindamo ibiri.

Ikipe ya Arsenal yo  nta gikombe na kimwe ifite cya UEFA Champions Legue, gusa imaze gukina imikino ibiri gusa ya nyuma ya UEFA Champions Legue, aho uwa mbere yawutsinzwemo na Barcelona 2006 ndetse n’uyu wa ya Paris Saint-Germain itakaje.

Kuva umutoza Luis Enurique yatangira gutoza Ikipe ya Paris Saint-Germain ni we umaze kwandikamo amateka kuko kuva yaza ibitabo by’amateka iyi kipe yari ifite byongeye kuvugururwa kubera ibikombe amaze kwongera mu tubati tw’iyi kipe. Ubu ni we mutoza umaze gutwarana nayo ibiombe byinshi aho amaze gutwara 12.

MANIRAKIZA Theoneste.