RDC: Abishwe na Ebola barenze 180

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abo byemejwe ko bamaze kwandura Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo kugeza ku wa 13 Kamena 2026 bageze ku 782 barimo 181 bapfuye.

Jun 15, 2026 - 12:14
Jun 16, 2026 - 18:22
 0
RDC: Abishwe na Ebola barenze 180
RDC: Abishwe na Ebola bageze kuri 181.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko ku wa 13 Kamena habonetse abantu bashya 72 banduye iki cyorezo barimo 29 bapfuye uwo munsi. Iyi mibare iri hejuru ariko Leta ya RDC isobanura ko byatewe nuko hashyizwe imbaraga mu gukurikirana ubwandu.

Mu bashya bagaragayeho iki cyorezo harimo 56 bo mu Ntara ya Ituri mu bice birimo Mongbwalu, Umujyi wa Bunia, Rwampara na Nyankunde ndetse na 16 bo muri Kivu y’Amajyaruguru mu bice birimo Butembo na Katwa.

Kugeza ku wa 13 Kamena, abantu 40 bari bamaze gukira iki cyorezo. Muri bo harimo batanu bashya bagaragaye muri Rwampara, Mongbwalu na Mambasa mu Ntara ya Ituri.

Kugeza ubu nta muti cyangwa urukingo bya Ebola ya Bundibugyo biraboneka ariko ubushakashatsi bwemeza ko ibimenyetso byayo bivurwa bigakira, cyane cyane iyo umurwayi yivuje hakiri kare. Leta ya Congo yo ivuga ko impamvu ibisubizo by’ibipimo bya Ebola bitinda kuboneka ari uko bifatwa bikuwe mu Burasirazuba aho iki cyorezo kiganje, bikajya gupimirwa muri laboratwari i Kinshasa.

Gilbert NIYOMUKIZA.