Rwanda: Green Party of Rwanda yatangije inzego z’Ishyaka ku murenge.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2026, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda ryatangiye gahunda yo kubaka inzego z’abarwanashyaka baryo ku rwego rw’umurenge.

Jun 21, 2026 - 13:25
 0
Rwanda: Green Party of Rwanda yatangije inzego z’Ishyaka ku murenge.
Senateri Dr.Frank Habineza, perezida w'Ishyaka Green Party 

Ni mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, aho Ishyaka Riharanira Demikarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Green Party of Rwanda) ryatangije inzego zaryo ku murenge. Hari hahujwe imirenge ibiri yo muri aka Karere ka Burera ya Cyanika na Rugarama, kikaba cyari kiyobowe na Senateri Dr.Frank Habineza, akaba na perezida w’iri shyaka. 

Muri iki gikorwa Senateri Dr.Frank Habineza, yakanguriye abarwanashyaka kwitabira amatora y’inzego zibanze ariko yitsa ku kuba bashimishwa no kuba mu nzego zo hejuru.

Yagize ati: “Twakwishima muri abo barwanashyaka bacu biyamamaje bageze no ku rwego rw’akarere bakaba ba Meya, Visi-Meya, natwe byadushimisha.”

Iki gikorwa Green Prty yatangije none kizagera mu mirenge yose igize Igihugu uko ari 416, ndetse hubakwe inzego z’Ishyaka rya Green Party kugeza ku rwego rw’umudugudu. Intego nyamukuru y’ishingwa ry’izi nzego n’ukugira abarwanashyaka benshi mu mibare n’ibikorwa, ndetse no gutegura kare kandi neza, amatora ya perezida wa repubulika yo muri 2029.

NKUNDAMAHORO Alphonse