MU RWANDA: FERWAFA yagize Stephen Constantine Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu "Amavubi"

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko ryashyizeho Stephen Constantine nk’Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’Abagabo "Amavubi", ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 23.

Mar 12, 2026 - 14:07
Mar 12, 2026 - 14:28
 0
MU RWANDA: FERWAFA yagize Stephen Constantine Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu "Amavubi"
Umutoza mushya w'Amavubi Stephen Constantine
MU RWANDA: FERWAFA yagize Stephen Constantine Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu "Amavubi"

Mu itangazo FERWAFA yashyize ahagaragara yagize iti: “Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryishimiye kumenyesha Abanyarwanda ko Stephen Constantine yashyizweho nk’Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’Abagabo (Amavubi) ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 23, mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere ishobora kongerwa hashingiwe ku musaruro.”
Iri shyirwaho, nk’uko FERWAFA ibivuga, rigamije gukomeza kuvugurura imikorere n’imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda, hagamijwe kuzamura urwego rwawo no kugera ku ntsinzi ku rwego mpuzamahanga, haba ku mugabane wa Afurika ndetse no ku Isi.
Muri iryo tangazo kandi hatangajwe ko Constantine azatangira inshingano ze ku mugaragaro ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026, aho azatangira gukorana n’abagize ikipe ya tekinike y’Amavubi mu myiteguro y’amarushanwa ya FIFA Series ateganyijwe kubera mu Kigali mu mpera z’uku kwezi kwa Werurwe.
Stephen Constantine yavukiye i London mu Bwongereza ku wa 16 Ukwakira 1962.
Ni umutoza w’umupira w’amaguru wabigize umwuga ndetse yahoze anakinira amakipe arimo Pennsylvania Stoners na New York Pancyprian-Freedoms mbere yo kwinjira mu mwuga wo gutoza.
Yatangiye gutoza mu 1999 atoza Nepal national football team, nyuma ajya gutoza India national football team hagati ya 2002 na 2005.
Yaje gukomereza umwuga we mu bindi bihugu birimo Malawi national football team hagati ya 2007 na 2008 ndetse na Sudan national football team hagati ya 2009 na 2010.
Yanatoje amakipe arimo APEP F.C., Nea Salamis Famagusta FC na Ethnikos Achna FC, anaba umutoza wungirije muri Apollon Smyrnis F.C..
Si ubwa mbere agiye gutoza Ikipe y’igihugu cy’u Rwanda (Amavubi) kuko hagati ya 2014 na 2015 yari asanzwe ari umutoza wayo mbere yo gusubira gutoza u Buhinde kuva mu 2015 kugeza mu 2019.
Mu bihe bya vuba aha, yatoje Pafos FC mu 2021, East Bengal Club hagati ya 2022 na 2023 ndetse na Pakistan hagati ya 2023 na 2025.

Umunyamakuru: NKUNDAMAHORO Alphonse