RWANDA: Masengesho Vainqueur yegukanye umwanya wa kabiri muri Tour d’Algérie.

Mu isiganwa ry’amagare Tour d’Algérie mu Gihugu cya Algérie, Umunyarwanda Masengesho Vainqueur yegukanye umwanya wa kabiri, arushijwe amasegonda 19 gusa n’Umunya-Indonesia Rizqi Dimas Nur waryegukanye.

Apr 27, 2026 - 12:39
Apr 27, 2026 - 13:29
 0
RWANDA: Masengesho Vainqueur yegukanye umwanya wa kabiri muri Tour d’Algérie.
Abasiganwaga muri Tour d’Algérie barimo na Team Rwanda

Muri uyu mwaka Tour d’Algérie yari igizwe n’uduce 10 aho yitabiriwe n’abakinnyi 105 bagize amakipe 18 arimo atatu y’ibihugu ari yo Team Rwanda, Ikipe y’Igihugu ya Tunisia n’iya Oman.

Ku munsi wa nyuma umwe mu bakinnyi bari bahanzwe amaso ndetse banitezwe ko yakora ikinyuranyo yari Masengesho Vianqueur warushwaga amasegonda 19 n’umukinnyi wa mbere, gusa birangira kitavuyemo kuko umunsi wa nyuma w’isiganwa utamuhiriye.

Ku rutonde rusange Umunya-Indosia wegukanye iri siganwa Rizqi Dismas, yakoresheje amasaha 26 n’amasegonda 28 ku ntera y’ibilometero 1282, naho Masengesho Vainqueur akoresha amasaha 26 n’amasegonda icyenda, akaba yarabaye uwa kabiri.

Mu bandi Banyarwanda bitabiriye iri siganwa, Ntirenganya Moïse yabaye uwa 23, Ufitimana Shadrack we aba 27, Uhiriwe Espoir aza ku mwanya wa 40, Twagirayezu Didier we aba uwa 47 naho Nshutiraguma Kevin aba uwa 55. Mu bakinnyi 105 bitabiriye iri siganwa 82 nibo barisoje.

Muri iri rushanwa riri ku rwego rwa 2,2 u Rwanda rwaherukaga kwitabira mu 2024, kuri iyi nshuro rwari rwifashishije abakinnyi bari munsi y’imyaka 23 uretse Masengesho Vainqueur ufite imyaka 24 wanabaye uwa kabiri.

 MANIRAKIZA Theoneste