Guverinoma ya Cambodia yategetse Abanyafurika kuva muri icyo gihugu bitarenze tariki ya 31 Gicurasi.

Guverinoma ya Cambodia yatangaje ko Abanyafurika bari muri icyo gihugu bahawe uburenganzira bwihariye bwo kuhaba bagomba kuba bahavuye bitarenze tariki ya 31 Gicurasi 2026, bitaba ibyo bagahanishwa ibihano birimo igifungo n’ihazabu ziremereye.

May 28, 2026 - 19:13
 0
Guverinoma ya Cambodia yategetse Abanyafurika kuva muri icyo gihugu bitarenze tariki ya 31 Gicurasi.
Cambodge yategetse Abanyafurika kuba bayivuyemo bitarenze ku wa 31 Gicurasi.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Cambodia rugengwa na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, ubutegetsi bwatangaje ko ubusonerwe bwari bwarahawe abaturage b’ibihugu birimo Ghana, Kenya, Cameroon na Uganda buzarangira ku wa 31 Gicurasi 2026.

Iryo tangazo kandi rivuga ko abanyamahanga bose bireba bamaze gukemura ibihano by’amande bari bafite, bagomba kuva muri Cambodia bitarenze iyo tariki yashyizweho.

Nk’uko byatangajwe muri iryo tangazo, umunyamahanga wese uzafatwa ari muri Cambodia kuva ku wa 1 Kamena 2026 adafite ibyangombwa cyangwa uburenganzira bwemewe bwo kuhaba, azahita atabwa muri yombi, yaba afatiwe ku bibuga by’indege cyangwa ahandi hose mu gihugu.

Abayobozi baburiye ko abazarenza ku mabwiriza bashobora gukatirwa igifungo cy’imyaka ibiri ndetse bakanishyura amadolari 8,000 y’ihazabu mbere yo kwemererwa gusohoka muri icyo gihugu. Abayobozi kandi basabye abantu bose bireba kubahiriza aya mabwiriza byimazeyo, bashimangira ko leta itazihanganira uwo ari we wese uzarenga ku mategeko y’abinjira n’abasohoka y’icyo gihugu.

 

Guverinoma ya Cambodia kandi yanatangaje ko guhera ku wa 1 Kamena, polisi n’inzego z’abinjira n’abasohoka zizakaza ibikorwa byo guhiga abanyamahanga bamaze igihe kirenze icyo bemerewe kuhaba n’abadafite ibyangombwa.

Iryo tangazo rigira riti: “Polisi ya Cambodia izatangira guta muri yombi umunyamahanga wese uzafatirwa aho yihishe hose muri Cambodia kuva ku wa 1 Kamena 2026 kubera kurenza igihe yemerewe kuhaba, ahite ashyikirizwa inzego z’abinjira n’abasohoka kugira ngo akurikiranwe n’amategeko.”

Aya mabwiriza ari mu rwego rw’ingamba za Cambodia zo gukaza iyubahirizwa ry’amategeko agenga abinjira n’abasohoka no guhangana n’abanyamahanga baba muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

 

Gilbert NIYOMUKIZA