Perezida Kagame yageze muri Ethiopia mu nama ya AU

Byashyizweho 08 Feb,2020 14:11:39   na  Dini



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye inama isanzwe ya 33 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), iri kubera ku cyicaro cy’uwo muryango I Addis Ababa muri Ethiopia.

Kagame  muri Etiopia

 

Muri iyi nama kandi, Perezida Kagame yemeye gutanga ibihumbi 500 by’amadolari ya Amerika, yo gushyigikira ikigega gishya abagore muri Afurika (African Women’s Leadership Fund at the Gender Equality & Women Empowerment in Africa-AWLF).

Icyo kigega kizashyira imbere kwagura no gufasha imishinga y’abagore muri Afurika kugera ku ntego zayo.

Gufungura inama ya AU ku mugaragaro bizaba ku cyumweru tariki ya 09 Gashyantare 2020.